750x450x1

Intego y’Ubushakashatsi

Ubu bushakashatsi bugamije kumenya ibitekerezo byanyu ku bijyanye na serivisi nshya yo gufasha abantu bafite agahinda gakabije (depression) hakoreshejwe interineti mu Rwanda, yitwa “Guided Act and Feel – Rwanda”.

Muri ubu buryo bushya, umuntu ashobora gusoma amakuru ajyanye ni indwara y agahinda gakabije, hamwe n’ imyitozo ashobora gukora hifashishijwe interineti yo muri telefone cyangwa mudasobwa, kugirango amere neza, Hazaba hari umujyanama wahawe amahugurwa (ashobora kuba umujyanama w’ubuzima usanzwe, cyangwa undi muntu watoranijwe).

Uyu mujyanama wahuguwe azajya avugana n’uwitabiriye iyi serivisi buri cyumweru kuri telefone kandi amufashe gusobanukirwa niba hari ibyo atumvise neza. Uwo mujyanama azajya afatanya ndetse anagenzurwe n’umuganga w’inararibonye mu buvuzi bw’indwara zo mu mutwe.

750x450x2

Ni gute na kwitabira?

Wakwitabira usubiza ibibazo biri bukurikire. Biragutwara iminota iri hagati ya 10 – 15 ukaba usoje.

• Urabazwa amakuru ajyanye n ubuzima bwawe bwite (urugero: imyaka ufite, umwuga ukora, n’ibindi), amakuru ajyanye nuko ubona ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, ndetse n’ibitekerezo byawe ku bijyanye n’iyo gahunda yo kuvura hakoreshejwe ikoranabuhanga.

• Uranabazwa ibibazo birebana n’ukuntu waba witeguye gukoresha cyangwa gusaba abandi gukoresha iyi serivisi.

ITSINDA RY'ABASHAKASHATSI

Theogene Uwizeyimana

Theogene Uwizeyimana

Theogene ni umunyeshuri wa PhD mu Ishami ry’Ubuvuzi bwo mu Mutwe (Psychiatry) mu Bitaro bya Kaminuza ya Amsterdam mu Buholandi (Amsterdam University Medical Center, Netherlands). Ubushakashatsi bwe bwibanda ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu kuvura indwara zihariye z’ubuzima bwo mu mutwe, nk’agahinda gakabije (depression) mu Rwanda, ndetse no gusuzuma uburyo ikoranabuhanga ryakifashishwa mu gutanga serivisi z’ubuvuzi bwo mu mutwe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, cyane cyane muri Afurika.

Ubushakashatsi bwa Theogene buterwa inkunga na porogaramu ya Marie Sklodowska-Curie GROW COFUND Programme, ibarizwa mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi (European Union). Theogene yabanje gukorera muri University of Global Health Equity (UGHE) mu Rwanda, aho yakoraga ibikorwa by’ubushakashatsi kuri gahunda ya USAID yitwaga Inclusive Nutrition and Early Childhood Development (INECD) “Gikuriro Kuri Bose”. Muri 2023, Theogene yahawe igihembo cy’Umushakashatsi Muto muri Afurika n’ishyirahamwe Merck Foundation, kizwi nka “Best Young African Researcher Award”. Theogene afite impamyabumenyi mu buhanga mu by’imiti (Pharmacy) ndetse na Master of Public Health (MPH) yakuye muri Mount Kenya University Rwanda.

card image

Dr. Nadia Van Der Spek

Senior Researcher in the Department of Psychiatry, Amsterdam UMC & Urban Mental Health, Institute of Advanced studies, University of Amsterdam, Netherlands

card image

Dr. Darius Gishoma

Mental Health Division Manager at Rwanda Biomedical Center; Ministry of Health & Associate Professor of Clinical Psychology, Mental health Department, College of Medicine and Health Sciences, University of Rwanda

card image

Prof. dr. Claudi Bockting

Professor of Clinical psychology in the Department of Psychiatry, licensed clinical psychologist, Amsterdam UMC & Centre for Urban Mental Health, Institute of Advanced studies, University of Amsterdam, Netherlands